Gicumbi: Minisiteri ya siporo n’umuco ku bufatanye na Komite Olempike y’u Rwanda batashye inzu yubakiwe umucikacumu, baremera ni imiryango y’abacikacumu itishoboye.

Tariki ya 05 Ukwakira 2018, Ministiri ya Siporo n’Umuco, abahagarariye ibigo biyishamikiyeho, Komite Olempike y’u Rwanda n’Amashyirahamwe ya Siporo yatashye inzu yubakiwe uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Madamu Mukansanga Eugenie anaremera imiryango 20 mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Ruvune.

44317051435_8a2e3af2f3_o
Minisitiri Hon. Uwacu n’Abayobozi bahagarariye ibigo bishamikiye kuri MINISPOC na Mukansanga Eugenie wubakiwe inzu bafata ifoto y’urwibutso.

Mbere yo gutaha inzu yubatswe no kuremera imiryango itishoboye, abayobozi basuye urwibutso rwa Byumba rufite amateka yihariye kuko rushyinguyemo umubare utazwi w’imibiri yabishwe mu 1990 bashinjwa kuba ibyitso by’Inkotanyi.

44504598734_956a70a3a8_o

45177366862_906c8f5c30_o

Mukasanga wubakiwe inzu yo kubamo n’umuryango we itwaye miliyoni icumi (10,000,000Frw) yagize ati: “Ndishimye cyane kuba mwanyibutse, umutima nk’uyu muzawuhorane, Imana ikomeze guha Amahoro u Rwanda na Perezida wacu.”

Minisitiri wa Siporo n’Umuco wari umushyitsi mukuru, Hon. Uwacu Julienne mu ijambo rye yasabye abaturage ba Ruvune Kwirinda amakimbirane kuko asubiza inyuma iterambera, anabasaba gukomera ku muco wo soko y’iteramberere rirambye. Yasoje asaba abahawe inka kuzorora neza kugira ngo bibafashe mu iterambere kandi bazabashe no kworoza n’abandi bazikeneye.

Komite Olempike y’u Rwanda ikaba yari ihagarariwe n’Umunyamabanga Mukuru, Bwana Sharangabo Alexis n’Umujyanama, Bwana Nzabanterura Eugene.

Uretse gutegura amarushwana yo kwibuka aba “Sportifs” bazize Jenoside yakorewe Abatutsi (GMT), Minisiteri ya Siporo n’Umuco na Komite Olempike y’u Rwanda begeranya inkunga, hagatoranywa uwarokotse Jenoside yakorewe abatutsi utishoboye kurusha abandi mu murenge bahisemo, akubakirwa inzu ndetse hakanaremerwa imiryango itishoboye muri uwo murenge.

Twabibutsa ko iki gikorwa ari ngaruka mwaka, kikaba kibaye ku nshuro ya gatatu nyuma ya Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo 2016 na Nyamasheke mu Ntara y’Uburengerazuba 2017.

Andi mafoto: kanda hano.

Comments for this post are closed.

Gicumbi: Minisiteri ya siporo n’umuco ku bufatanye na Komite Olempike y’u Rwanda batashye inzu yubakiwe umucikacumu, baremera ni imiryango y’abacikacumu itishoboye.

Tariki ya 05 Ukwakira 2018, Ministiri ya Siporo n’Umuco, abahagarariye ibigo biyishamikiyeho, Komite Olempike y’u Rwanda n’Amashyirahamwe ya Siporo yatashye inzu yubakiwe uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Madamu Mukansanga Eugenie anaremera imiryango 20 mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Ruvune.

44317051435_8a2e3af2f3_o
Minisitiri Hon. Uwacu n’Abayobozi bahagarariye ibigo bishamikiye kuri MINISPOC na Mukansanga Eugenie wubakiwe inzu bafata ifoto y’urwibutso.

Mbere yo gutaha inzu yubatswe no kuremera imiryango itishoboye, abayobozi basuye urwibutso rwa Byumba rufite amateka yihariye kuko rushyinguyemo umubare utazwi w’imibiri yabishwe mu 1990 bashinjwa kuba ibyitso by’Inkotanyi.

44504598734_956a70a3a8_o

45177366862_906c8f5c30_o

Mukasanga wubakiwe inzu yo kubamo n’umuryango we itwaye miliyoni icumi (10,000,000Frw) yagize ati: “Ndishimye cyane kuba mwanyibutse, umutima nk’uyu muzawuhorane, Imana ikomeze guha Amahoro u Rwanda na Perezida wacu.”

Minisitiri wa Siporo n’Umuco wari umushyitsi mukuru, Hon. Uwacu Julienne mu ijambo rye yasabye abaturage ba Ruvune Kwirinda amakimbirane kuko asubiza inyuma iterambera, anabasaba gukomera ku muco wo soko y’iteramberere rirambye. Yasoje asaba abahawe inka kuzorora neza kugira ngo bibafashe mu iterambere kandi bazabashe no kworoza n’abandi bazikeneye.

Komite Olempike y’u Rwanda ikaba yari ihagarariwe n’Umunyamabanga Mukuru, Bwana Sharangabo Alexis n’Umujyanama, Bwana Nzabanterura Eugene.

Uretse gutegura amarushwana yo kwibuka aba “Sportifs” bazize Jenoside yakorewe Abatutsi (GMT), Minisiteri ya Siporo n’Umuco na Komite Olempike y’u Rwanda begeranya inkunga, hagatoranywa uwarokotse Jenoside yakorewe abatutsi utishoboye kurusha abandi mu murenge bahisemo, akubakirwa inzu ndetse hakanaremerwa imiryango itishoboye muri uwo murenge.

Twabibutsa ko iki gikorwa ari ngaruka mwaka, kikaba kibaye ku nshuro ya gatatu nyuma ya Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo 2016 na Nyamasheke mu Ntara y’Uburengerazuba 2017.

Andi mafoto: kanda hano.

Comments for this post are closed.