Ibintu 11 ugomba kumenya kuri karate yo mu Rwanda

IMG_7355Umukinnyi w’umunyarwanda w’imyaka 17,Maic Shyaka Ndutiye,yatsindiye umudali wa zahabu  mu marushanwa y’abakuru n’abato ya UFAK mu mwaka wa 2018,akaba yarabereye I Kigali.

Umwaka ushize,abahagarariye ibihugu 27 bya Afurika bahuriye I Yaoundé muri Cameroon,mu nama rusange y’umwaka wa 2017 y’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate(UFAK),hanyuma hafatwa umwanzuro ko u Rwanda ruzakira amarushanwa y’abakuru n’abato ku rwego rw’umugabane wa Afurika.

Nyuma y’iri rushanwa,muri wikendi ishize,abayobozi b’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya karate ndetse n’ab’ishyirahamwe rya Karate ku rwego rw’isi batangajeko iri rushanwa ryageze ku ntego yaryo mu buryo bushimishije.Nicyo gikorwa cya mbere cyari kibereye mu Intare Conference Arena,fully integrated and secure complex ahantu heza kandi hizewe,hafite ibikoresho bitandukanye byorohereza ubwoko bwose bw’ibikorwa byahabera(events).

Gusa mu Rwanda,si byinshi bizwi ku rugendo rusa nk’aho ari rurerure rw’uyu mukino wahurije I Kigali imbaga y’aba karateka b’indashyikirwa muri Afurika basaga 300.baturuka mu bihugu 25.

Karate ni umukino watangirijwe ku kirwa cya Okinawa ho mu Buyapani,mu ntangiriro z’ikinyejana cya 20.Ahangaha,tugiye kugaragaza ibintu 11 by’ingenzi bigaragara muri Karate yo mu Rwanda,ndetse n’ibihe by’ingenzi byaranze urugendo rwayo mu Rwanda.

Intangiriro

Ni bike bizwi ku gihe cya nyacyo abaturage basanzwe,batari abari mu gisirikare,batangiriye gukina umukino wa Karate mbere y’uko yemerwa mu mwaka w’1987.

Mbere y’icyo gihe,uyu mukino wari ubujijwe.Ariko hashingiwe ku byavuzwe na Faustin Musanganya w’imyaka 63,uwo mwaka abakunzi b’imikino njyarugamba bashinze Ihuriro nyarwanda ry’imikino njyarugamba(Association Rwandaise d’Arts Martiaux),rikaba ari ihuriro ry’umukino wa judo,kungfu n’indi njyarugamba.

Ariko benshi bemeza ko uwahoze ari umuyoboke ukomeye w’ishyaka rya PSD,nyakwigendera Francois Nduwumwe witabye Imana muri 2013,ari we wa mbere wigishije abantu umukino wa Karate.Abo kandi batekerezako ibyo byabaye hagati y’imyaka ya za 70 na 80.

Musanganya yiyandikishije bwa mbere nk’umunyeshuri wa karate mu mwaka w’ 1977 muri Kaminuza y’Ababibligi,hanyuma agaruka mu Rwanda mu mwaka w’1983.Yibuka ko icyo gihe,Nduwumwe wari umunyamabanga mukuru w’ihuriro nyarwanda ry’imikino yo gukirana(ARAM),yari yaratangiye kwigisha Karate.

“Nta gushidikanya ko ari we muntu wa mbere wigishije Karate mu Rwanda.Ndatekereza ko yandushaga byibuze imyaka 8 cyangwa 10 y’amavuko.”

Nduwumwe yize imikino njyarugamba ari muri Switzerland.Yigishije ubwoko bw’uyu mukino bwitwa Shito-Ryu,ariko nyuma aza guhindura ajya kuri Shotokan.

Amoko ya Karate azwi cyane

Mu Buyapani, Shotokan-Ryu, Wado-Ryu, Goju-Ryu na Shito-Ryu niyo moko ane ya karate yibandwaho cyane.Shito-Ryu ni ubwoko busigasira tekinike hafi ya zose z’umwimerere za Shuri-te. are the four main styles of Karate.

Mu Rwanda, Shotokan na Wado-Ryu niyo moko y’uyu mukino azwi cyane uyu munsi.Shotokan ni ubwoko bwa Karate bwatangijwe mu 1936,bukaba bwarakuwe mu mikino njyarugamba itandukanye ya Gichin Funakoshi-ufatwa nk’umubyeyi wa karate ivuguruye(yo mu gihe cy’iterambere)-ndetse n’umuhungu we Gigo Funakoshi.Ubwoko bwa Wado-Ryu bwatangijwe n’undi mu maître w’umuyapani witwa Hironori Ōtsuka,mu 1939.

Itangira ry’ishyirahamwe

Ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda(FERWAKA) ryatangijwe ku mugaragaro muri 2008,ubwo ryabonaga ubuzima gatozi nk’uko itegeko rya minisiteri riri. Ariko ryari rimaze imyaka isaga 10 ririho. Umwaka wa 2008 rero wahaye aba karateka bo mu Rwanda andi mahirwe yo kwishima no gukora cyane mu buzima.

Ku musozo wa semineri y’umwaka wa 2015 ku mikorere y’ihuriro rya karate y’Abayapani,Toshihiro yahaye Nyakwigendera Jean Sayinzoga(akomeze kuruhukira mu mahoro)Dan ya gatandatu,akaba ari yo nkuru u Rwanda rufite kugeza ubu.

Inzinduko zakozwe n’abarimu ba Karate

HidekazuMizutani niwe muyapani  wa mbere wigisha Karate wasuye u Rwanda kuva mu 1987 kugeza mu 1989,muri porogaramu y’abakorerabushake b’abayapani bajya gukorera hanze y’igihugu cyabo”Japan overseas Cooperation  Volunteers program”.N’ubu aracyaza mu Rwanda gutanga amahugurwa atandukanye.

Mu 1988, Teruo Kono,undi mwarimu mu itsinda ry’abarimu b’abayapami bajya mu bihugu bitandukanye kwigisha Wado-Ryu,yasuye u Rwanda.Nyakwigendera Kono witabye Imana muri Mata,2000 afite imyaka 66,yari umwe mu ndwanyi nziza z’abayapani kuva mu w’1956 kugeza mu 1960.

Muri 2009,Kawazoe Masao yasuye u Rwanda mu rwego rwo kumurika ubwoko bwa Karate bwitwa Shoto-kan,kandi hashingiwe ku nama ze n’ibyo yateguye,abarimu ba Karate b’Abarusiya batumiwe mu Rwanda guhera muri 2010.

Muri 2015,Toshihiro Mori,undi mwarimu w’umuyapani wigisha Shotokan,yasuye u Rwanda.Yari aherekejwe ndetse yunganirwa na Kamino Masaru ndetse na nyakwigendera Kasijiima Keiichi [aruhukire mu mahoro]mu gihe yatangaga amahugurwa y’iminsi 3.Byitezwe ko Mori na Masaru bazagaruka mu mpera z’uku kwezi.

Patrick Dupeaux w’Umufaransa, na Ray Young, umwarimu mukuru muri WadoRyu ya Sweden,bari mu zindi nzobere zitari iz’abayapani zikunze gusura u Rwanda zikanahugura Abanyarwanda.

Amarushanwa yitwa”Japan Ambassador Cup”

Sensei Mizutani yongeye gutumirwa I Kigali muri Kanama 2014,mu marushanwa mashya yitwa “Japan ambassador’s Cup”,aho yabaye umusifuzi mukuru mu mukino wa final.

Iri ryari irushanwa ngarukamwaka rishya ryateguwe ndetse rigaterwa inkunga na FERWAKA ku bufatanye na Ambasade y’Abayapani.Ryitabiriwe n’abasaga 150,ariko kuva icyo gihe,uwo mubare wikubye inshuro zirenze ebyiri.Irushanwa ngarukamwaka rya Karate Ambassador’s,ku nshuro yaryo ya gatatu,ryabereye kuri Sitade Amahoro muri Gashyantare.

Ubunyamuryango mu ihuriro rya karate y’abayapani

Muri Kamena 2015,U Rwanda rwabaye umunyamuryango w’ihuriro rya karate y’abayapani(JKA),umwe mu mishinga ya Karate ikomeye kandi imaze imyaka myinshi ku rwego rw’isi.

Ibi byabaye nyuma ya semineri y’iminsi itatu ku mikorere y’iri huriro yabereye kuri sitade Amahoro,ikaba ari yo ya mbere y’ubwo bwoko yabereye mu Rwanda,yari iyobowe n’ibihangange by’abarimu ba karate byari birangajwe imbere n’umuyobozi mukuru w’ihuriro rya karate y’abayapani,Mori Toshihiro.Iri huriro rizobereye kandi ryibanda ku bwoko bwa karate bwitwa Shotokan.Byose nibigenda nk’uko byateganijwe,semineri ya kabiri y’iri huriro izabera I Kigali,ikazaba ku itariki 20 kugeza kuri 24 Nzeli.

Urwego rukuru rw’umukandara w’umukara

Ku musozo wa semineri y’iminsi itatu yigaga ku mikorere y’itsinda ry’abayapani rya karate,Toshihiro yahaye igihembo nyakwigendera Jean Sayinzoga(Aruhukire mu mahoro)cya Dan ya gatandatu,ikaba ari yo nkuru u Rwanda rufite kugeza ubu.Toshihiro yavuze ko icyo gihembo cy’icyubahiro cyahawe Sayinzoga cyari icyo kuba yarunganiye ndetse akanateza imbere Karate mu Rwanda.Sayinzoga witabye Imana umwaka ushize ndetse n’abandi banyarwanda bakuze bake,bateye imbaraga iterambere ndetse n’iyaguka by’uyu mukino mu Rwanda.

Aba Karateka basaga ibihumbi bitatu

Uyu munsi,hari icyegeranyo cyigaragaza ko abagore,abagabo ndetse n’abana b’abanyarwanda basaga ibihumbi bitatu bakina umukino wa Karate,kandi uwo mubare ugenda wiyongera.Uyu munsi hari amatsinda(Clubs) ya karate mu nguni hafi ya zose z’igihugu,harimo amatsinda makuru-cyane cyane ay’abana-abarizwa muri Kigali,Rubavu ndetse no mu yindi mijyi.

Ubuyobozi bw’akarere ka 5

Muri Kanama 2014,Komite nyobozi y’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate(UFAK)yemeje ko u Rwanda rwayobora akarere ka 5 k’iri huriro by’agateganyo.Ibi byabaye nyuma y’uko bitegereje bagasanga hari ibikorwa fatizo bitari biri gukorwa mu myaka ine ishize,ndetse no kuba komite yari iriho yarakomeje kunanirwa,inshuro zikurikiranya,gutegura ibikorwa bya siporo muri ako karere.

Iyo komite nyobozi yahaye u Rwanda inshingano zo kuba Perezida;Visi Perezida:Egiputa,hanyuma Kenya ihabwa Ubunyamabanga.Akarere ka 5 kagizwe n’u Rwanda,Sudani,Eritireya,Somaliya,Uganda,Tanzania,Egiputa,Kenya,Etiyopiya n’u Burundi.

Mu nama rusange y’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate yabaye umwaka ushize,Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda(FERWAKA),Bwana Théogène Uwayo,yatorewe kuba perezida w’akarere ka 5.

Giana Lotfy w’umunyegiputa (Uwambaye ubururu), akaba ari we uri ku mwanya wa mbere ku rwego rw’isi uyu munsi,niwe wahanganye n’umugore w’umu kumite w’ibiro 61kg,muri shampiyona ya 2018 y’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate yabereye I Kigali.

Shampiyona ya 2018 y’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate(UFAK) mu bato n’abakuru

Kuba icyumweru gishize u Rwanda rwarakiriye Shampiyona nyafurika ya karate ya 17 mu bakuru,ndetse rukanakira shampiyona nyafurika ya 9 ya Karate mu bato,byari intsinzi ikomeye kuri Karate yo mu Rwanda.

Uwayo yagize ati:Kwemererwa kwakira amarushanwa ari ku rwego rw’umugabane cyari ikimenyetso cy’icyizere Ishyirahamwe rya karate ku rwego rw’isi ndetse n’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate bifitiye u Rwanda.Shampiyona y’abakuru n’abato y’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate nicyo gikorwa kinini kandi gikomeye cya karate ku mugabane.

Byari ku nshuro ya mbere U Rwanda,cyangwa se ikindi gihugu kiri muri Afurika y’iburasirazuba,cyakira amarushanwa ya Karate ari kuri  uru rwego.Ku nshuro ya mbere,Perezida w’ishyirahamwe rya karate ku rwego rw’isi,Antonio Espinós Ortueta,ndetse na perezida w’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate,Mohamed Tahar Mesbahi,hamwe n’ibindi bihangange ku rwego rw’isi,basuye igihugu cy’imisozi igihumbi.

Iri rushanwa ubwaryo ryari rifite ishusho buri wese yakwifuza kureba.Abakiri bato mu Rwanda bagize amahirwe yo kubona umunyegiputa Giana Lotfy w’imyaka 23,akaba ari nawe uri ku mwanya wa mbere ku isi uyu munsi,atsinda umugore w’umu kumite w’ibiro 61,hanyuma yegukana umudali we wa mbere kuva yabona intsinzi ikomeye muri Shampiyona y’isi y’umwaka wa 2016.

Icyamamare ku isi ndetse akaba n’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2014 ku rwego rw’umugabane,yigaruriye iri rushanwa yerekana Karate iri ku rwego rwo hejuru kandi inoze.

Umudali wa zahabu w’amateka wegukanywe na Ndutiye

Kimwe mu bintu byongereye uburyohe Shampiyona z’abato n’abakuru z’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate mu mwaka wa 2018,ni igihe umunyeshuri wo mu mwaka wa 3 w’amashuri yisumbuye,Maic Shyaka ndutiye ufite imyaka 17,yahigika abantu 3 bari bahanganye kuri final,maze yegukana umudali wa zahabu wa mbere u Rwanda rwabonye ku mugaragaro.

Uwayo yagize ati:Uburyo u Rwanda rwitaye muri rusange-rukegukana imidali 8 harimo n’umudali warwo wa mbere wa zahabu,byarugaragaje nk’igihugu gifite Karate ikomeye ku mugabane.U Rwanda rwasoje ayo marushanwa ruri ku mwanya wa gatandatu.

Comments for this post are closed.

Ibintu 11 ugomba kumenya kuri karate yo mu Rwanda

IMG_7355Umukinnyi w’umunyarwanda w’imyaka 17,Maic Shyaka Ndutiye,yatsindiye umudali wa zahabu  mu marushanwa y’abakuru n’abato ya UFAK mu mwaka wa 2018,akaba yarabereye I Kigali.

Umwaka ushize,abahagarariye ibihugu 27 bya Afurika bahuriye I Yaoundé muri Cameroon,mu nama rusange y’umwaka wa 2017 y’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate(UFAK),hanyuma hafatwa umwanzuro ko u Rwanda ruzakira amarushanwa y’abakuru n’abato ku rwego rw’umugabane wa Afurika.

Nyuma y’iri rushanwa,muri wikendi ishize,abayobozi b’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya karate ndetse n’ab’ishyirahamwe rya Karate ku rwego rw’isi batangajeko iri rushanwa ryageze ku ntego yaryo mu buryo bushimishije.Nicyo gikorwa cya mbere cyari kibereye mu Intare Conference Arena,fully integrated and secure complex ahantu heza kandi hizewe,hafite ibikoresho bitandukanye byorohereza ubwoko bwose bw’ibikorwa byahabera(events).

Gusa mu Rwanda,si byinshi bizwi ku rugendo rusa nk’aho ari rurerure rw’uyu mukino wahurije I Kigali imbaga y’aba karateka b’indashyikirwa muri Afurika basaga 300.baturuka mu bihugu 25.

Karate ni umukino watangirijwe ku kirwa cya Okinawa ho mu Buyapani,mu ntangiriro z’ikinyejana cya 20.Ahangaha,tugiye kugaragaza ibintu 11 by’ingenzi bigaragara muri Karate yo mu Rwanda,ndetse n’ibihe by’ingenzi byaranze urugendo rwayo mu Rwanda.

Intangiriro

Ni bike bizwi ku gihe cya nyacyo abaturage basanzwe,batari abari mu gisirikare,batangiriye gukina umukino wa Karate mbere y’uko yemerwa mu mwaka w’1987.

Mbere y’icyo gihe,uyu mukino wari ubujijwe.Ariko hashingiwe ku byavuzwe na Faustin Musanganya w’imyaka 63,uwo mwaka abakunzi b’imikino njyarugamba bashinze Ihuriro nyarwanda ry’imikino njyarugamba(Association Rwandaise d’Arts Martiaux),rikaba ari ihuriro ry’umukino wa judo,kungfu n’indi njyarugamba.

Ariko benshi bemeza ko uwahoze ari umuyoboke ukomeye w’ishyaka rya PSD,nyakwigendera Francois Nduwumwe witabye Imana muri 2013,ari we wa mbere wigishije abantu umukino wa Karate.Abo kandi batekerezako ibyo byabaye hagati y’imyaka ya za 70 na 80.

Musanganya yiyandikishije bwa mbere nk’umunyeshuri wa karate mu mwaka w’ 1977 muri Kaminuza y’Ababibligi,hanyuma agaruka mu Rwanda mu mwaka w’1983.Yibuka ko icyo gihe,Nduwumwe wari umunyamabanga mukuru w’ihuriro nyarwanda ry’imikino yo gukirana(ARAM),yari yaratangiye kwigisha Karate.

“Nta gushidikanya ko ari we muntu wa mbere wigishije Karate mu Rwanda.Ndatekereza ko yandushaga byibuze imyaka 8 cyangwa 10 y’amavuko.”

Nduwumwe yize imikino njyarugamba ari muri Switzerland.Yigishije ubwoko bw’uyu mukino bwitwa Shito-Ryu,ariko nyuma aza guhindura ajya kuri Shotokan.

Amoko ya Karate azwi cyane

Mu Buyapani, Shotokan-Ryu, Wado-Ryu, Goju-Ryu na Shito-Ryu niyo moko ane ya karate yibandwaho cyane.Shito-Ryu ni ubwoko busigasira tekinike hafi ya zose z’umwimerere za Shuri-te. are the four main styles of Karate.

Mu Rwanda, Shotokan na Wado-Ryu niyo moko y’uyu mukino azwi cyane uyu munsi.Shotokan ni ubwoko bwa Karate bwatangijwe mu 1936,bukaba bwarakuwe mu mikino njyarugamba itandukanye ya Gichin Funakoshi-ufatwa nk’umubyeyi wa karate ivuguruye(yo mu gihe cy’iterambere)-ndetse n’umuhungu we Gigo Funakoshi.Ubwoko bwa Wado-Ryu bwatangijwe n’undi mu maître w’umuyapani witwa Hironori Ōtsuka,mu 1939.

Itangira ry’ishyirahamwe

Ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda(FERWAKA) ryatangijwe ku mugaragaro muri 2008,ubwo ryabonaga ubuzima gatozi nk’uko itegeko rya minisiteri riri. Ariko ryari rimaze imyaka isaga 10 ririho. Umwaka wa 2008 rero wahaye aba karateka bo mu Rwanda andi mahirwe yo kwishima no gukora cyane mu buzima.

Ku musozo wa semineri y’umwaka wa 2015 ku mikorere y’ihuriro rya karate y’Abayapani,Toshihiro yahaye Nyakwigendera Jean Sayinzoga(akomeze kuruhukira mu mahoro)Dan ya gatandatu,akaba ari yo nkuru u Rwanda rufite kugeza ubu.

Inzinduko zakozwe n’abarimu ba Karate

HidekazuMizutani niwe muyapani  wa mbere wigisha Karate wasuye u Rwanda kuva mu 1987 kugeza mu 1989,muri porogaramu y’abakorerabushake b’abayapani bajya gukorera hanze y’igihugu cyabo”Japan overseas Cooperation  Volunteers program”.N’ubu aracyaza mu Rwanda gutanga amahugurwa atandukanye.

Mu 1988, Teruo Kono,undi mwarimu mu itsinda ry’abarimu b’abayapami bajya mu bihugu bitandukanye kwigisha Wado-Ryu,yasuye u Rwanda.Nyakwigendera Kono witabye Imana muri Mata,2000 afite imyaka 66,yari umwe mu ndwanyi nziza z’abayapani kuva mu w’1956 kugeza mu 1960.

Muri 2009,Kawazoe Masao yasuye u Rwanda mu rwego rwo kumurika ubwoko bwa Karate bwitwa Shoto-kan,kandi hashingiwe ku nama ze n’ibyo yateguye,abarimu ba Karate b’Abarusiya batumiwe mu Rwanda guhera muri 2010.

Muri 2015,Toshihiro Mori,undi mwarimu w’umuyapani wigisha Shotokan,yasuye u Rwanda.Yari aherekejwe ndetse yunganirwa na Kamino Masaru ndetse na nyakwigendera Kasijiima Keiichi [aruhukire mu mahoro]mu gihe yatangaga amahugurwa y’iminsi 3.Byitezwe ko Mori na Masaru bazagaruka mu mpera z’uku kwezi.

Patrick Dupeaux w’Umufaransa, na Ray Young, umwarimu mukuru muri WadoRyu ya Sweden,bari mu zindi nzobere zitari iz’abayapani zikunze gusura u Rwanda zikanahugura Abanyarwanda.

Amarushanwa yitwa”Japan Ambassador Cup”

Sensei Mizutani yongeye gutumirwa I Kigali muri Kanama 2014,mu marushanwa mashya yitwa “Japan ambassador’s Cup”,aho yabaye umusifuzi mukuru mu mukino wa final.

Iri ryari irushanwa ngarukamwaka rishya ryateguwe ndetse rigaterwa inkunga na FERWAKA ku bufatanye na Ambasade y’Abayapani.Ryitabiriwe n’abasaga 150,ariko kuva icyo gihe,uwo mubare wikubye inshuro zirenze ebyiri.Irushanwa ngarukamwaka rya Karate Ambassador’s,ku nshuro yaryo ya gatatu,ryabereye kuri Sitade Amahoro muri Gashyantare.

Ubunyamuryango mu ihuriro rya karate y’abayapani

Muri Kamena 2015,U Rwanda rwabaye umunyamuryango w’ihuriro rya karate y’abayapani(JKA),umwe mu mishinga ya Karate ikomeye kandi imaze imyaka myinshi ku rwego rw’isi.

Ibi byabaye nyuma ya semineri y’iminsi itatu ku mikorere y’iri huriro yabereye kuri sitade Amahoro,ikaba ari yo ya mbere y’ubwo bwoko yabereye mu Rwanda,yari iyobowe n’ibihangange by’abarimu ba karate byari birangajwe imbere n’umuyobozi mukuru w’ihuriro rya karate y’abayapani,Mori Toshihiro.Iri huriro rizobereye kandi ryibanda ku bwoko bwa karate bwitwa Shotokan.Byose nibigenda nk’uko byateganijwe,semineri ya kabiri y’iri huriro izabera I Kigali,ikazaba ku itariki 20 kugeza kuri 24 Nzeli.

Urwego rukuru rw’umukandara w’umukara

Ku musozo wa semineri y’iminsi itatu yigaga ku mikorere y’itsinda ry’abayapani rya karate,Toshihiro yahaye igihembo nyakwigendera Jean Sayinzoga(Aruhukire mu mahoro)cya Dan ya gatandatu,ikaba ari yo nkuru u Rwanda rufite kugeza ubu.Toshihiro yavuze ko icyo gihembo cy’icyubahiro cyahawe Sayinzoga cyari icyo kuba yarunganiye ndetse akanateza imbere Karate mu Rwanda.Sayinzoga witabye Imana umwaka ushize ndetse n’abandi banyarwanda bakuze bake,bateye imbaraga iterambere ndetse n’iyaguka by’uyu mukino mu Rwanda.

Aba Karateka basaga ibihumbi bitatu

Uyu munsi,hari icyegeranyo cyigaragaza ko abagore,abagabo ndetse n’abana b’abanyarwanda basaga ibihumbi bitatu bakina umukino wa Karate,kandi uwo mubare ugenda wiyongera.Uyu munsi hari amatsinda(Clubs) ya karate mu nguni hafi ya zose z’igihugu,harimo amatsinda makuru-cyane cyane ay’abana-abarizwa muri Kigali,Rubavu ndetse no mu yindi mijyi.

Ubuyobozi bw’akarere ka 5

Muri Kanama 2014,Komite nyobozi y’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate(UFAK)yemeje ko u Rwanda rwayobora akarere ka 5 k’iri huriro by’agateganyo.Ibi byabaye nyuma y’uko bitegereje bagasanga hari ibikorwa fatizo bitari biri gukorwa mu myaka ine ishize,ndetse no kuba komite yari iriho yarakomeje kunanirwa,inshuro zikurikiranya,gutegura ibikorwa bya siporo muri ako karere.

Iyo komite nyobozi yahaye u Rwanda inshingano zo kuba Perezida;Visi Perezida:Egiputa,hanyuma Kenya ihabwa Ubunyamabanga.Akarere ka 5 kagizwe n’u Rwanda,Sudani,Eritireya,Somaliya,Uganda,Tanzania,Egiputa,Kenya,Etiyopiya n’u Burundi.

Mu nama rusange y’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate yabaye umwaka ushize,Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda(FERWAKA),Bwana Théogène Uwayo,yatorewe kuba perezida w’akarere ka 5.

Giana Lotfy w’umunyegiputa (Uwambaye ubururu), akaba ari we uri ku mwanya wa mbere ku rwego rw’isi uyu munsi,niwe wahanganye n’umugore w’umu kumite w’ibiro 61kg,muri shampiyona ya 2018 y’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate yabereye I Kigali.

Shampiyona ya 2018 y’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate(UFAK) mu bato n’abakuru

Kuba icyumweru gishize u Rwanda rwarakiriye Shampiyona nyafurika ya karate ya 17 mu bakuru,ndetse rukanakira shampiyona nyafurika ya 9 ya Karate mu bato,byari intsinzi ikomeye kuri Karate yo mu Rwanda.

Uwayo yagize ati:Kwemererwa kwakira amarushanwa ari ku rwego rw’umugabane cyari ikimenyetso cy’icyizere Ishyirahamwe rya karate ku rwego rw’isi ndetse n’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate bifitiye u Rwanda.Shampiyona y’abakuru n’abato y’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate nicyo gikorwa kinini kandi gikomeye cya karate ku mugabane.

Byari ku nshuro ya mbere U Rwanda,cyangwa se ikindi gihugu kiri muri Afurika y’iburasirazuba,cyakira amarushanwa ya Karate ari kuri  uru rwego.Ku nshuro ya mbere,Perezida w’ishyirahamwe rya karate ku rwego rw’isi,Antonio Espinós Ortueta,ndetse na perezida w’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate,Mohamed Tahar Mesbahi,hamwe n’ibindi bihangange ku rwego rw’isi,basuye igihugu cy’imisozi igihumbi.

Iri rushanwa ubwaryo ryari rifite ishusho buri wese yakwifuza kureba.Abakiri bato mu Rwanda bagize amahirwe yo kubona umunyegiputa Giana Lotfy w’imyaka 23,akaba ari nawe uri ku mwanya wa mbere ku isi uyu munsi,atsinda umugore w’umu kumite w’ibiro 61,hanyuma yegukana umudali we wa mbere kuva yabona intsinzi ikomeye muri Shampiyona y’isi y’umwaka wa 2016.

Icyamamare ku isi ndetse akaba n’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2014 ku rwego rw’umugabane,yigaruriye iri rushanwa yerekana Karate iri ku rwego rwo hejuru kandi inoze.

Umudali wa zahabu w’amateka wegukanywe na Ndutiye

Kimwe mu bintu byongereye uburyohe Shampiyona z’abato n’abakuru z’ihuriro ry’amashyirahamwe nyafurika ya Karate mu mwaka wa 2018,ni igihe umunyeshuri wo mu mwaka wa 3 w’amashuri yisumbuye,Maic Shyaka ndutiye ufite imyaka 17,yahigika abantu 3 bari bahanganye kuri final,maze yegukana umudali wa zahabu wa mbere u Rwanda rwabonye ku mugaragaro.

Uwayo yagize ati:Uburyo u Rwanda rwitaye muri rusange-rukegukana imidali 8 harimo n’umudali warwo wa mbere wa zahabu,byarugaragaje nk’igihugu gifite Karate ikomeye ku mugabane.U Rwanda rwasoje ayo marushanwa ruri ku mwanya wa gatandatu.

Comments for this post are closed.